Rwandans in Jylland-Fyn Denmark
Slider

News

Ubutumwa bwa Ambasaderi ku Isabukuru ya 50 ya Independence ni ya 18 y’Umunsi wo Kwibohoza

E M B A S S Y   O F    T H E    R E P U B L I C    O F    R W A N D A  

 ¨

S T O C K H O L M

 UBUTUMWA BWO KWIFURIZA ABANYARWANDA BOSE BATUYE MURI NORDIC COUNTRIES UMUNSI MWIZA WO KWIZIHIZA:

ISABUKURU YA 50 Y’UBWIGENGE

NI

ISABUKURU YA 18 Y’UMUNSI WO KWIBOHOZA

Bavandimwe, Banyarwanda mwese mutuye muri Nordic countries:

(Denmark, Finland, Iceland, Norway, Sweden)

1. Kuri uyu munsi wa 1 July 2012, mu Rwanda barizihiza Isabukuru ya 50 y’Ubwigenge u Rwanda rwabonye muri 1962.  Na none kuri uyu munsi harizihizwa Isabukuru ya 18 y’Umunsi wo kwibohoza (Liberation Day) wari usanzwe wizihizwa tariki ya 4 July.

2. Mw’izina rya Leta y’u Rwanda mpagarariye, n’irya Abanyarwanda bagenzi bacu bari mu rwatubyaye, no mw’izina ryange bwite, nagirango mbifurize mwese amahoro n’amahirwe, ubumwe n’urukundo muri iki gihe twizihiza isabukuru z’Iminsi ibiri y’Ingenzi mu mateka y’igihugu cyacu cy’u Rwanda.

3.Uyu munsi ubabere mwese uw’ibyishimo n’ibirori aho muri hose. Iki gihe kandi  kitubere icyo gusubiza amaso inyuma no kuzirikana ndetse no kunenga amateka mabi yaranze igihugu cyacu. Twishimire ibyiza igihugu cyacu kimaze kugeraho muri iyi myaka 18 ishize; mw’itera mbere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere myiza muri rusange. Inzira iracyari ndende ariko u Rwanda rufite icyerekezo (vision) cy’aho rugana – ruratera imbere nta guhuzagurika.

4. Bavandimwe ndagirango nkoreshe aka kanya nongere kubibutsa gukomeza kugira uruhare mu itera mbere ry’igihugu cyanyu, mushora imari yanyu mu bikorwa by’iterambere mu Rwanda,  munatanga inkunga y’ubumenyi mufite mu myuga inyuranye .

5.Mukomezekandi no kwiteza imbere muri ibi bihugu mutuyemo, murangwe n’urukundo n’ubusabäne ,ubumwe n’ubwiyunge hagati yanyu.

Nongeye kubashimira.

Mugire amahoro y’Imana.

Venetia Sebudandi

Ambasaderi wu Rwanda muri Nordic countries

Stockholm, 1 July 2012

Have any Question or Comment?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *